• AHABANZA
  • Politike
    • Ubutabera
  • Iyobokamana
  • Mu mahanga
  • Imyidagaduro
  • IMIKINO
  • Ubucukumbuzi
    • Amateka
  • TRIBUNETV
Rwanda Tribune
Ntabyabonetse
Reba Byose
18 °c
Kigali
19 ° Mon
20 ° Tue
20 ° Wed
20 ° Thu
Tuesday, May 17, 2022
Ntabyabonetse
Reba Byose
Rwanda Tribune
Ntabyabonetse
Reba Byose
Ahabanza Imyidagaduro

Amakuru mashya muri Mr Rwanda: Umwiherero wasubitswe bitunguranye

Na Martin
May 9, 2022
Muri Imyidagaduro, Nyamukuru
12 0
0
Amakuru mashya muri Mr Rwanda: Umwiherero wasubitswe bitunguranye
9
Yasangijwe
174
Yasuwe
WhastappShare on FacebookShare on Twitter

Umwiherero w’abasore 18 bari guhatanira ikamba rya Rudasumbwa w’u Rwanda, wagombaga gutangira kuri iki Cyumweru tariki 09 Gicurasi, birinze bigeza ku wa Mbere utaratangira ndetse abazawitabira ntibaramenya ikindi gihe uzatangirira.

Bamwe mu bafite amakuru yizewe muri iri rushanwa rya Mr Rwanda, bavuga ko abasore bagombaga kwitabira umwiherero, bagombaga kugenda ku wa Gatandatu tariki 07 Gicurasi.

Gusa ngo baje kumenyeshwa ko baba bitonze, bakazamenyeshwa ikindi gihe uyu mwiherero uzatangirira.

Amakuru yizewe, avuga ko gusubika uyu mwiherero, byatewe n’inama yihutirwa yatumijwe n’Inteko y’Umuco yasabye abategura iri rushanwa kubanza kuza bakariganiraho.

Iyi nama ngo igamije kunoza imigendekere y’iri rushanwa ribaye nyuma y’uko havuzwe ibibazo mu irushanwa rya Miss Rwanda rijya gusa n’iri.

Ikinyamakuru Igihe gitangaza ko mu mpera z’iki cyumweru, abategura iri rushanwa bahamagawe n’Inteko y’Umuco ibasaba kwitabira inama iteganyijwe kuri uyu wa Mbere tariki 09 Gicurasi 2022.

Ku murongo w’ibyigwa, harimo kurebera hamwe uko iri rushanwa ryagenda neza ndetse hakareberwa hamwe ibibazo byari bikomeje kuvugwamo n’uburyo hakwirindwa ko byakomeza kugaragara.

Irushanwa rya Mr Rwanda rigiye kuba ku nshuro ya mbere mu Rwanda, ribaye nyuma y’uko iryari risanzwe rimenyerewe rya Miss Rwanda rihuriramo abakobwa, havuzwemo ibibazo.

Amakuru avuga ko iyi nama yatumijwe n’Inteko ihuriramo ubuyobozi bwayo n’abategura Mr Rwanda, igamije kwirinda ko iri rushanwa na ryo rigaragaramo ibibazo.

Biteganyijwe ko nyuma y’iyi nama ari bwo haza kumenyekana indi tariki izatangiraho umwiherero w’abasore 18 bagomba kuzavamo Rudasumbwa w’u Rwanda.

RWANDATRIBUNE.COM

Inkuru Iheruka

Kwiyegereza Afurika, iturufu ya Kamina wiyamamariza kuyobora Common Wealth

Inkuru Ikurikira

Cibitoke: Umusirikare wa FLN ufite ipeti rya Sergeant yaguye mu mirwano yabahanganishije na FNDB

Inkuru Ikurikira
Cibitoke: Umusirikare wa FLN ufite ipeti rya Sergeant yaguye mu mirwano yabahanganishije na FNDB

Cibitoke: Umusirikare wa FLN ufite ipeti rya Sergeant yaguye mu mirwano yabahanganishije na FNDB

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Contacts

Marketing: 0788663576
Editor: 0780341467
Management: 0789605667
Emails: info@rwandatribune.com

Facebook Twitter
  • English
  • French
  • Tribune Tv
  • Amategeko agenga Ubwanditsi
  • Tuvugishe
  • Ubufasha

© 2020 Rwanda Tribune Developed by Codity.

  • #4422 (no title)
  • Advertise
  • Advertisement
  • Ahabanza
  • Attribution
  • Blog
  • Cart
  • Checkout
  • Contact
  • Contact Us
  • Home 2
  • Home 3
  • Home 4
  • Home 5
  • Home Default 2
  • Home with 2 sidebar
  • Home with no sidebar
  • Home with sidebar left
  • Home with sidebar right
  • Imikino
  • LoginPress
  • My account
  • POLITIKE
  • Rwanda Tribune
  • Sample Page
  • Shop
  • Slider style 9
  • Social counter widget
  • Text Formatting and Lists
  • Tribune Tv
  • Typography
  • Urukundo
  • Video list widget
  • Weather widget
  • yyy

© 2020 Rwanda Tribune Developed by Codity.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms bellow to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In