Nyuma yuko urubyiruko rwo mu ishyaka UPDS rya Perezida Felix Tshisekedi ruteguye imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, umuyobozi w’Umujyi wa Goma, yasohoye itangazo rihagarika iyi myigaragambyo.
Nkuko bikubiye mu itangazo rya Colonel François Kabeya uyobora Umujyi wa Goma, ryasohotse kuri iki Cyumweru tariki 24 Nyakanga 2022, yatangaje ko imyigaragambyo yose itatangiwe uruhushya, ibujijwe.
Muri iri tangazo bigaragara ko ryanditswe tariki 23 Nyakanga 2022, Colonel François Kabeya yasabye Abaturage bo mu mujyi wa Goma gukomeza ibikorwa byabo nta nkomyi kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022 mu gihe byari bizwi ko iyi myigaragambyo iza kuba.
Yakomeje agira ati “Arasaba kandi inzego z’umutekano kuburizamo imyigaragambyo yose yakorwa itatangiwe uburenganzira.”
Iyi myigaragambyo y’urubyiruko rwo mu ishyaka UPSD, yari ije ikurikira indi y’abagore yabaye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 22 Nyakanga 2022, na bo bamaganaga MONUSCO.
Igitutu kuri MONUSCO kije nyuma yuko yo ubwayo itangaje ko idafite ubushobozi bwo kurandura umutwe wa M23 ndetse ko na FARDC idafite ubwo bushobozi.
MONUSCO yakunze kunengwa kurangwa n’imbaraga nke mu bikorwa byo kurandura imitwe yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi ari bwo butumwa bwayo.
RWANDATRIBUNE.COM