• AHABANZA
  • Politike
    • Ubutabera
  • Iyobokamana
  • Mu mahanga
  • Imyidagaduro
  • IMIKINO
  • Ubucukumbuzi
    • Amateka
  • TRIBUNETV
Rwanda Tribune
Ntabyabonetse
Reba Byose
18 °c
Kigali
19 ° Mon
20 ° Tue
20 ° Wed
20 ° Thu
Wednesday, August 10, 2022
Ntabyabonetse
Reba Byose
Rwanda Tribune
Ntabyabonetse
Reba Byose
Ahabanza Nyamukuru

U Rwanda rwateye umugeri raporo ya Loni ishinja igisirikare cyarwo gufasha M23

Na Martin
August 5, 2022
Muri Nyamukuru, Politike, Umutekano
32 1
0
U Rwanda rwateye umugeri raporo ya Loni ishinja igisirikare cyarwo gufasha M23
24
Yasangijwe
477
Yasuwe
WhastappShare on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwagize icyo ruvuga kuri raporo y’inzobere z’Umuryango w’Abibumbye ivuga ko Igisirikare cy’u Rwanda cyafatanyije na M23 kugaba ibitero ahantu hatandukanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ruvuga ko ibi birego ari ibinyoma.

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ibi mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Kane tariki 04 Kanama 2022 nyuma yuko hasohotse amakuru avuga ko iri tsinda rya Loni ryagaragarije akanama gashinzwe umutekano ku Isi, ibimenyetso bikomeye ko RDF yagiye ifatanya na M23.

Iyi raporo ngo ivuga ko RDF yafatanyije n’umutwe wa M23 mu bitero byo kuva mu kwezi k’Ugushyingo 2022 n’ukwa Nyakanga 2022 birimo n’icyagabwe ku kigo cya gisirikare cya Rumangabo tariki 25 Gicurasi 2022.

Nyuma y’aya makuru yagarutsweho n’Ibiro ntamarakuru Reuters na AFP, u Rwanda rwahise rusohora itangazo rigira icyo riyavugaho.

Iri tangazo ritangira rivuga ko Guverinoma y’u Rwanda itagira icyo itangaza gutanga ibitekerezo kuri raporo itarajya hanze mu buryo bukurikije amategeko.

Rivuga ko iby’iyi raporo bigamije kuyobya uburari ku kibazo nyirizina gihari cy’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje kuba ku ibere ry’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu gihe uyu mutwe uhungabanya umutekano w’u Rwanda n’akarere ndetse ukaba ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Guverinoma y’u Rwanda yagize “Mu gihe ikibazo cya FDLR cyo kuba ikorana n’Igisirikare cya DRC, kitarabonerwa umuti, umutekano mu karere k’Ibiyaga bigari ntabwo ushobora kugerwaho.”

U Rwanda ruvuga kandi ko FDLR imaze iminsi ikorana na FARDC mu bitero byo kurwanya M23, byabaye MONUSCO irebera mu gihe izi ko uyu mutwe na wo ari mubi ku buryo udakwiye guhabwa ubufasha cyangwa ngo ukorane n’igisirikare cy’igihugu.

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ahubwo igisirikare cya Congo gifaranyije n’uyu mutwe FDLR bagiye bagaba ibitero ku butaka bw’u Rwanda ndetse bikanagira ingaruka ku buzima bw’abanyarwanda n’imitungo yabo.

RWANDATRIBUNE.COM

Inkuru Iheruka

Ese intambara hagati y’u Rwanda na Congo biturutse kuri m23 irashoboka?

Inkuru Ikurikira

BREAKING: FARDC yateye ibirindiro bya M23 ahitwa Kigoma

Inkuru Ikurikira
BREAKING: FARDC yateye ibirindiro bya M23 ahitwa Kigoma

BREAKING: FARDC yateye ibirindiro bya M23 ahitwa Kigoma

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Contacts

Marketing: 0788663576
Editor: 0780341467
Management: 0789605667
Emails: info@rwandatribune.com

Facebook Twitter
  • English
  • French
  • Tribune Tv
  • Amategeko agenga Ubwanditsi
  • Tuvugishe
  • Ubufasha

© 2020 Rwanda Tribune Developed by Codity.

  • #4422 (no title)
  • Advertise
  • Advertisement
  • Ahabanza
  • Attribution
  • Blog
  • Cart
  • Checkout
  • Contact
  • Contact Us
  • Home 2
  • Home 3
  • Home 4
  • Home 5
  • Home Default 2
  • Home with 2 sidebar
  • Home with no sidebar
  • Home with sidebar left
  • Home with sidebar right
  • Imikino
  • LoginPress
  • My account
  • POLITIKE
  • Rwanda Tribune
  • Sample Page
  • Shop
  • Slider style 9
  • Social counter widget
  • Text Formatting and Lists
  • Tribune Tv
  • Typography
  • Urukundo
  • Video list widget
  • Weather widget
  • yyy

© 2020 Rwanda Tribune Developed by Codity.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms bellow to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In