Igihugu cy’uBurundi cyahigitse Somalia na Yemen ku rutonde rw’ibihugu byugarijwe n’inzara kw’isi
Ni byasohotse muri raporo yashyizwe hanze n’ikigo Global Hunger Index, ikaba yarasohotse mu Cyumweru gishize aho yagaragaje ko u Burundi bufashe iya mbere ku Isi mu bihugu by’ugarijwe n’inzara iteye ubwoba.
- Kwamamaza -
Uyu mwaka ni uwa gatatu igihugu cy’u Burundi kiza kumwanya wa mbere mu bihugu by’ugarijwe n’inzara. Ibihugu bitandatu ku Isi ni byo biri mu cyiciro cy’ibifite inzara nyinshi iteye ubwoba.
- Kwamamaza -
Raporo ya GHI 2024 igaragaza ko byibura abantu babarirwa muri miliyari 2 hirya no hino ku isi bugarijwe n’inzara, ikagaragaza ibibazo birimo ihindagurika ryikirere ndetse n’intambara z’urudaca.
Mu bashonje byibura miliyoni 733 bahura n’inzara buri munsi kubera kubura icyo bashyira munda.
Usibye u Burundi bwugarijwe n’inzara iteye ubwoba, ibindi bihugu biri mu gatebo kamwe nabwo harimo Sudan y’Epfo, Somalia, Yamen, Tchad na Madagascar.
- Kwamamaza -
Iyi raporo kandi ivuga ko ugereranyije n’umwaka ushyize hari intambwe yatewe n’ibihugu bya Bangladesh, Mozambique, Nepal, Somalia na Togo; gusa hakaba hakiri inzitizi z’uko byakwigobotora inzara.
Ikindi n’uko iyi raporo ya Global Hunger Index yo muri uyu mwaka w’ 2024 yibanze ku bihugu 127 ku Isi.
U Rwanda ruza ku mwanya wa 101 muri ibi bihugu n’amanota 25.2, na rwo rukaba rubarirwa mu rwego rw’ibihugu bishonje cyane.
ubwanditsi