• Languages :
  • English
  • Francais
Rwanda Tribune
Ntabyabonetse
Reba Byose
Saturday, March 25, 2023
  • AHABANZA
  • Politike
  • Ubutabera
  • Iyobokamana
  • Mu mahanga
  • Imyidagaduro
  • IMIKINO
  • Ubucukumbuzi
  • Amateka
  • TRIBUNETV
Rwanda Tribune
  • AHABANZA
  • Politike
  • Ubutabera
  • Iyobokamana
  • Mu mahanga
  • Imyidagaduro
  • IMIKINO
  • Ubucukumbuzi
  • Amateka
  • TRIBUNETV
Ntabyabonetse
Reba Byose
Rwanda Tribune
Ntabyabonetse
Reba Byose
KWAMAMAZA
Ahabanza Iyobokamana

Nti twashyigikira ubukozi bw’ibibi bwakabaye bwitwa ishyano – Dr Laurent Mbanda

Na Adeline Uwineza
February 11, 2023
Muri Iyobokamana, Nyamukuru
0
Nti twashyigikira ubukozi bw’ibibi bwakabaye bwitwa ishyano – Dr Laurent Mbanda
252
Yasangijwe
3.2k
Yasuwe
Share on FacebookShare on Twitter

Hashize imyaka itanu u Bwongereza bushyize ho itegeko ryemerera ababana  bahuje ibitsina ibyo benshi bita ubutinganyi , ibi byashyizweho mu mwaka wa 2013 ariko Itorero ry’Abangilikani ribanza kubisuzuma ngo rirebe ko bikwiriye ko bene aba bantu bashyingiranwa no mu rusengero, mugihe iri torero mu Rwanda ryabiteye utwatsi.

Iki cyemezo Itorero ry’Angilikani ryo mu Bwongereza rifite icyicaro gikuru i Canterbury ryagaragaje ko rizajya riha umugisha abaryamana bahuje ibitsina nyuma yo kuva gusezerana mu mategeko, ibi bikaba byatumye Itorero ry’abangilikani ryo mu Rwanda ryo rivuga ko ry’ itandukanyije nabo ko ryo ridashigikiye ubwo bukozi bw’ibibi, kuko ubundi byakiswe ishyano.

Ibi Itorero Angilikani ry’u Rwanda ryabitangaje kuri uyu wa 10 Gashyantare 2023 nyuma y’uko mu minsi ishize abasenyeri b’iry’u Bwongereza batangaje ko batazasezeranya ku buryo bweruye abatinganyi ariko bemeza ko bazajya babasabira umugisha nk’ikimenyetso cyo kutabaheza mu bandi.

Icyo gihe Arikiyepisikopi wa Diyosezi ya Canterbury ibarwa nk’Icyicaro gikuru cy’Itorero Angilikani ry’u Bwongereza, Musenyeri Justin Welby, yavuze ko ibyo byemezo byo kudashyingira abatinganyi ariko bagasabirwa umugisha byari bigamije guharanira inyungu rusange.

Yakomeje agira ati “Ndizera ko ibyo twemeranyijeho byakirwa neza. Ndizera kandi ko ibi bishobora kugena uburyo Itorero Angilikani rikomeza kubaho. Munyemerere mvuge ko abakirisitu bose ndetse by’umwihariko abo mu muryango wa LGBTQ mwese mwisanga ndetse muri ab’agaciro ku Mukiza wacu Yesu.”

Iyi myanzuro yo kwemerera abatinganyi guhabwa umugisha ntikwishimiwe n’andi matorero yo mu bihugu bitandukanye kuko yagaragazaga ko ari uguha urwaho abanyabyaha, agatangaza ko bitandukanyije na bo, abandi banasaba Musenyeri Justin Welby kuva ku mwanya wo kuba umukuru mu bo bangana (uhagarariye abasenyeri b’amatorero yo mu bihugu byo ku Isi).

Abenshi ni abo mu mu muryango uharanira gukurikiza inyigisho za Bibiliya, umuryango utemeranya na busa n’ubutinganyi, (Global Anglican for Future Conference: GAFCON) aho bavuga ko iki ari icyaha gikomeye cyane ku buryo ubikora agomba kwicuza.

Mu itangazo Musenyeri w’Itorero Angilikani ry’u Rwanda, Dr Laurent Mbanda yasohoye, yavuze ko itorero ayoboye ryababajwe bikomeye n’uyu mwanzuro iry’u Bwongereza ryafashe wo gusabira umugisha abatinganyi mu rusengero.

Itangazo rikomeza rigira riti “Umubano wacu n’Itorero Angilikani ry’u Bwongereza wangiritse kubera icyemezo cyaryo ndakuka kigamije kwemeza ubutinganyi nk’ibintu bikwiriye.”

Musenyeri w’u Rwanda ibitekerezo bye bihuye ni bya Musenyeri w’Itorero Angilikani rya Uganda, Dr. Stephen Samuel Kaziimba Mugalu, wavuze Itorero Angilikani aho kubabarira umunyabyaha rikamubwira kutazasubira ahubwo ibyo ryakoze ari ukubashishikariza kubisubiramo.

Ati “Ibyo ni ukunyuranya n’ibyo Bibiliya ivuga kuko biyemeje guha umugisha icyaha, ibi bihabanye n’ukuri cyane. Itorero Angilikani rya Uganda ntiribishyigikiye kuko n’Imana itaha umugisha icyaha ahubwo ibabarira umunyabyaha ikamubuza kubisubira ukundi.”

 

Umuyobozi Mukuru wa GAFCON, Musenyeri Dr. Foley Beach, na we yagaragaje ko uyu mwanzuro wafashwe n’Itorero Angilikani ry’u Bwongereza ari ukugaragaza ko ubutinganyi bwemewe mu buzima bwa buri munsi bw’iri torero ibintu we abona ko gutenguhwa kuko bari bizeye ko rizahagarara ku kuri rikareka guha urwaho icyaha.

Yagaragaje ko bijyanye no gufata iyi myanzuro yo umubano w’uyu muryango n’amatorero abarizwa mu gisa n’inteko rusange y’amatorero Angilikani ku Isi wangiritse cyane kuko batakari mu murongo umwe yo kubwiriza ubutumwa bwiza, yemeza ko n’iry’u Bwongereza baraza kurifatira imyanzuro vuba.

Kugeza ubu amatorero yemeye ubutinganyi muri Angilikani ni irya Canada, Brésil, Écosse, Pay de Gale, Aotearoa na Nouvelle-Zélande et Polynésie.

Musenyeri Mbanda yagaragaje ko Itorero Angilikani ry’u Rwanda ryababajwe n’imyanzuro yo guha umugisha abatinganyi bikozwe n’iry’u Bwongereza

Uwineza Adeline

Ibijyanye Nayo Inkuru

Intara ya Kivu y’amajyaruguru yongeye gufunga amayira yerekeza mu mujyi wa Goma
Mu mahanga

FARDC yihakanye ibyaha by’intambara ishinjwa n’inyeshyamba za M23

March 25, 2023
Perezida wa America ahise agenera ubutumwa bukomeye u Rwanda kubwo gufungura Rusesabagina
Nyamukuru

Perezida wa America ahise agenera ubutumwa bukomeye u Rwanda kubwo gufungura Rusesabagina

March 25, 2023
Ni ibiki u Bubiligi bwahaye u Rwanda byifashishwa mu gushinja Rusesabagina?
Nyamukuru

Bidasubirwaho Rusesabagina ntakiri imfungwa, menya uko yasohotse muri Gereza n’aho yahise ajya

March 25, 2023
Vincent Karega wari Ambasaderi w’u Rwanda muri RDCongo yahawe izindi nshingano: Perezida Kagame yakoze impinduka
Nyamukuru

Vincent Karega wari Ambasaderi w’u Rwanda muri RDCongo yahawe izindi nshingano: Perezida Kagame yakoze impinduka

March 25, 2023
Garage Medecar Ltd yaje ari igisubizo ku batunze ibinyabiziga muri Rubavu n’abahagenda
Nyamukuru

Garage Medecar Ltd yaje ari igisubizo ku batunze ibinyabiziga muri Rubavu n’abahagenda

March 25, 2023
Si Rusesabagina na Sankara bafungurwa gusa, bararekuranwa n’abandi 18
Nyamukuru

Si Rusesabagina na Sankara bafungurwa gusa, bararekuranwa n’abandi 18

March 24, 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

  • Izijyezweho
  • Ibitekerezo
  • Iziheruka
Breaking news: Col Rugema Emmanuel wari Umuyobozi mukuru wa RUD URUNANA yishwe

Breaking news: Col Rugema Emmanuel wari Umuyobozi mukuru wa RUD URUNANA yishwe

October 23, 2020
DRC yashyize hanze intwaro izifashisha mu gutera u Rwanda

DRC yashyize hanze intwaro izifashisha mu gutera u Rwanda

November 3, 2022
ADEPR:Abashumba ba za Paruwase 435,Abacungamutungo 435 n’abavugabutumwa 3600 basezerewe

ADEPR:Abashumba ba za Paruwase 435,Abacungamutungo 435 n’abavugabutumwa 3600 basezerewe

April 5, 2021
Ubushakashatsi bwagaragaje ko Urumogi rufite ubushobozi bwo kuvura Covid-19 kurusha indi miti yose irimo kwifashishwa

Ubushakashatsi bwagaragaje ko Urumogi rufite ubushobozi bwo kuvura Covid-19 kurusha indi miti yose irimo kwifashishwa

March 21, 2022
DRC yatangaje ko yiyemeje kugaba igitero ku Rwanda _ Patrick Muyaya

DRC yatangaje ko yiyemeje kugaba igitero ku Rwanda _ Patrick Muyaya

24
DRC yashyize hanze intwaro izifashisha mu gutera u Rwanda

DRC yashyize hanze intwaro izifashisha mu gutera u Rwanda

20
Breaking News: Umutwe wa M23 wateye utwatsi ibyemezo byafashwe n’abakuru b’ibihugu bya EAC  i Luanda

Breaking News: Umutwe wa M23 wateye utwatsi ibyemezo byafashwe n’abakuru b’ibihugu bya EAC i Luanda

15
Perezida Tshisekedi murugamba rwo gushakisha Jenerali Omega ngo abatabare

Perezida Tshisekedi murugamba rwo gushakisha Jenerali Omega ngo abatabare

15
Perezida wa America ahise agenera ubutumwa bukomeye u Rwanda kubwo gufungura Rusesabagina

Perezida wa America ahise agenera ubutumwa bukomeye u Rwanda kubwo gufungura Rusesabagina

March 25, 2023
Ni ibiki u Bubiligi bwahaye u Rwanda byifashishwa mu gushinja Rusesabagina?

Bidasubirwaho Rusesabagina ntakiri imfungwa, menya uko yasohotse muri Gereza n’aho yahise ajya

March 25, 2023
Vincent Karega wari Ambasaderi w’u Rwanda muri RDCongo yahawe izindi nshingano: Perezida Kagame yakoze impinduka

Vincent Karega wari Ambasaderi w’u Rwanda muri RDCongo yahawe izindi nshingano: Perezida Kagame yakoze impinduka

March 25, 2023
Garage Medecar Ltd yaje ari igisubizo ku batunze ibinyabiziga muri Rubavu n’abahagenda

Garage Medecar Ltd yaje ari igisubizo ku batunze ibinyabiziga muri Rubavu n’abahagenda

March 25, 2023
KWAMAMAZA
  • AHABANZA
  • Politike
  • Ubutabera
  • Iyobokamana
  • Mu mahanga
  • Imyidagaduro
  • IMIKINO
  • Ubucukumbuzi
  • Amateka
  • TRIBUNETV
Call us: 0783 646 291

© 2023 Rwanda Tribune - Web development by Codity.

Ntabyabonetse
Reba Byose
  • AHABANZA
  • Politike
  • Ubutabera
  • Iyobokamana
  • Mu mahanga
  • Imyidagaduro
  • IMIKINO
  • Ubucukumbuzi
  • Amateka
  • TRIBUNETV

© 2023 Rwanda Tribune - Web development by Codity.